Nkuko isi yatangiriye muri Paradizo, ni nako izarangirira muri Paradizo. Yesu yaravuze ati, “ndi Alpha na Omega, ndi uwa mbere n’uwa nyuma, itangiriro n’iherezo.” Mu mpera z’iyi myaka, abantu bose abakomeye n’aboroheje, wowe nanjye, tuzahagarara imbere y’intebe y’imanza y’Imana. Igitabo cy’ubugingo cyizabumburwa. Niba izina rya buri umwe ritari muri icyo gitabo azajugunywa mu nyanja y’umuriro. Maze isi ishaje n’ijuru rishaje bizavaho maze hageho isi nshya n’ijuru rishya byateguriwe abakunda Imana. Imana yo ubwayo izagira ibintu byose bishya. Umwana n’Umwuka bazatwakira. Imana izatura muri twe kandi tuzishimira kubana nayo iteka. Rero ni gutyo zabana n’Umwami Imana ubuziraherezo. Amen
Just as the world began with God in paradise, so it will end with God in paradise. Jesus declares, “I am the Alpha and the Omega, the first and the last, the beginning and the end.” At the conclusion of this age, all people great and small, you and me, will stand before the judgment throne of God. The Book of Life will be opened. If anyone’s name is not found written in the book, he will be thrown into the lake of fire. Then the old earth and old heaven will pass away and there will be a new heaven and earth prepared for those who love God. God Himself will make all things new. The Spirit and the Son will welcome us. God will dwell among us and we will enjoy His company forever. And so shall we always be with the Lord – world without end. Amen.
reference Revelation chapters 20, 21, 22
return to all 36 panels
Return to the first panel Creation
|